Umuhanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ndasingwa Jean Chrysostome wamamaye nka Chryso Ndasingwa, yafashije ibihumbi by’Abakirisitu bari buzuye mu nzu mberabyombi ya BK Arena, kwegera Imana no kuyishimira ubuntu n’ineza yayo y’ibihe byose, ubwo yabamurikiraga Album ‘Wahozeho’.